روى اليماني، عن أحمد بن قتيبة، عن عبدالله بن يزيد، عن مالك بن دِحْيَةَ، قال: كنّا عند أميرالمؤمنين عليه‏السلام فقال ـ وقد ذكر عنده اختلاف الناس
إِنَّمَا فَرَّقَ بَيْنَهُمْ مَبَادِىءُ طِينِهِمْ، وَذلِكَ أَنَّهُمْ كَانُوا فِلْقَةً مِنْ سَبَخِ أَرْض وَعَذْبِهَا، وَحَزْنِ تُرْبَة وَسَهْلِهَا، فَهُمْ عَلَى حَسَبِ قُرْبِ أَرْضِهِمْ يَتَقَارَبُونَ، وَعَلَى قَدْرِ اخْتِلاَفِهَا يَتَفَاوَتُونَ، فَتَامُّ الرُّوَاءِ نَاقِصُ الْعَقْلِ، وَمَادُّ الْقَامَةِ قَصِيرُ الْهِمَّةِ، وَزَاكِي الْعَمَلِ قَبِيحُ المَنْظَرِ، وَقَرِيبُ الْقَعْرِ بَعِيدُ السَّبْرِ، مَعْرُوفُ الضَّرِيبَةِ مُنْكَرُ الْجَلِيبَةِ، وَتَائِهُ الْقَلْبِ مُتَفَرِّقُ اللُّبِّ، وَطَلِيقُ اللِّسَانِ حدِيدُ الْجَنَانِ

Dhi’lib al-Yamani yavuze ibyo yakuye kuri Ahmad ibin Qutaybah, nawe akaba yari yarabikuye kuri Abdillah ibin Yazid, nawe yarabikuye kuri Malik ibi Dihyah, wari waravuze ati:
Twari hamwe na Amir al-mu’minina igihe habagaho ikiganiro cyavugaga ku itandukaniro riba hagati y’abantu ku birebana n’imiterere n’imyifatire byabo, icyo gihe nibwo Amir al-mu’minina yavuze ati:

“Abantu bagenda bagira ukuntu batandukana bitewe n’ibumba babumbwemo.

Ibi bishobora guterwa n’uko wenda babumbwe mu itaka ry’urwunyunyu, cyangwa bakaba barabumbwe mu itaka riryohereye, cyangwa iryumaganye cyangwa iryoroshye.

Iyo bafite ukuntu basa, biba bitewe n’ukuntu itaka babumbwemo rifite aho rihuriye, bagira ukuntu batandukana bikaba biteye n’itandukaniro riri hagati yaryo.

Bityo rero rimwe na rimwe umuntu agira uburanga bwiza, ariko atari umunyabwenge, kandi ashobora kuba ari muremure mu gihagararo, ariko atari umuntu utinyuka, cyangwa akaba ari intungane ariko akaba afite mu maso hatari heza, umuntu ashobora kuba ari mu gufi mu igihagararo, ariko akaba ari umuntu ufite ibitekerezo bireba kure, umuntu ashobora kugira imico myiza, ariko ku rundi ruhande agaragaza kutagira imico myiza, kandi birashoboka ko umuntu yaba afunze mu mutima, kandi afite n’urujijo mu mitekerereze ye, kandi umuntu ashobora kuba afite akarimi gatyaye, kandi afite n’umutima uhora ukangutse”.

____________

-NAHDJUAL-BALAGHA, imbwirwaruhame ya 234

Tanga igitekerezo

Please enter your comment!
Please enter your name here