BISMILLAHI RAHMAANI RAHIIM

وَمَنۡ خَفَّتۡ مَوَٰزِينُهُۥ فَأُوْلَٰٓئِكَ ٱلَّذِينَ خَسِرُوٓاْ أَنفُسَهُم بِمَا كَانُواْ بِ‍َٔايَٰتِنَا يَظۡلِمُونَ

Naho abo iminzani (y’ibikorwa byabo byiza) izaba yoroshye; abo ni ba bandi bihombeje kubera ko bahakanaga amagambo yacu.

Surat al A’araf, 09.

___________

Khisaarat, ni ugutakaza igishoro n’inyungu icyarimwe.

UBUTUMWA:
__________
– Ku munsi w’imperuka hazaba hari ibipimo byinshi(iminzani.

– Ku munsi w’imperuka, kugira ibikorwa byiza bitaremereye ni igihombo gikabije(khisaarat). Tekereza noneho uzaba adafite n’ibyo bike(bitaremereye).

– Isi ni nk’isoko; aho imaani(ukwemera) ari urwunguko naho ubuhakanyi bukaba igihombo.
Ni byo koko kwirengagiza, umuhamagaro n’ibimenyetso na za gihamya by’intumwa n’abahanuzi, ni ukwirengagiza ukuri k’ubumuntu n’ishingiro ry’ukubaho kwa muntu no kwihuguza.

– Kutita no kwirengagiza ibimenyetso bya Allah, ni ukubihuguza. Ni ukuri kuko kudaha buri kintu agaciro kacyo ngo wubahirize ukuri n’imbibi zacyo ni ukugihuguza, kandi umusaruro w’amahugu ni igihombo gikomeye!

Tanga igitekerezo

Please enter your comment!
Please enter your name here